dimanche 29 avril 2012

Kiyovu yatsinze Espoire umukino wo kwishyura


Kiyovu Sport yakiriye ikipe Espoire Fc y'i Cyangugu ku kibuga cya Stade Regional. Uyu mukino abafana bawitabiriye ni bake cyane ugereranyije n'abaje kuri matche yabanje ya mukeba Rayon.

Mu gice cya mbere Kiyovu yakinishije ingufu nkeya ubona yasuzuguye umukino ku buryo byaje kuyiviramo gutsindwa igitego ku munota wa 38 cyaturutse kuri contre attaque, aho abakinnyi babiri gusa kongolo yahise ahereza Umunyakameruni Youssa Makeba nawe ntiyazuyaza ahita atera mu mfuruka y'izamu.
samedi 21 avril 2012

Kiyovu yatsinze Rayon umukino wo kwishyura 1-0

Julius Bakabulindi
watsinze
Ku kibuga kinini cya Stade Amahoro, Kiyovu yatsinze mukeba wayo Rayon Sports umukino mu by'ukuri wari utegerejwe n'abantu benshi. Ngayo amaradiyo yari yacitse ururondogo reka sinakubwira, ngabo abafana hirya hino, ngabo abatoza bari babanje bose gusa n'aho berekana ko byose bishoboka.

Umukino rero washyize uraba, maze igice cya mbere kirangira nta kipe ibashije kurora mu izamu ry'iyindi. Mu gice cya kabiri ku munota wa 68 Umukinnyi umaze kuba inararibonye muri Kiyovu mu kurora mu izamu Julius Bakabulindi yahawe neza umupira uturutse kwa Jabir na Yusufu maze ashota umuzamu wa Rayon, inshuro ya mbere arawuruka, arongera arashota umupira urangirira mu rushundura gutyo.

Rayon irakira Kiyovu haraca uwambaye.

Kiyovu ifite umukino ukomeye kuri Stade amahoro mu kanya saa cyenda n'igice.
Abakinnyi bari bubanze mu Kibuga imbere ni: Serugaba Eric, Julius Bakabulindi, Salomon Okwi, hagati hari Shyaka , Jabir Mutarambirwa, Patrick na Katerega, Inyuma hari Ombeni Nyango, Nyamugenda Simon naho mu izamu hari Shamiru.
Ikizwi muri iyi minsi ni uko Rayon sports idaheruka gutsinda Kiyovu, ibi bikaba bitanga icyizere ko Kiyovu ishobora kwitwara neza muri uyu mukino. Turebere hamwe uko aya makipe yatsindanye kuva 2008:
samedi 14 avril 2012

Isonga yagabanye Amanota na Kiyovu 0-0

Kiyovu : ibumoso Abunamye : Shamiru,Ombeni, Katerega,
Raju, Jabir, Pierre. Abahagaze: Eric, Rodrigue, Yusufu, Julius, Patrick
N'ubwo ikipe zombi zarangije zinganyije, umupira muri rusange wari ukomeye kuko ikipe zombi zakinnye zihanahana neza, mu gice cya mbere Kiyovu yabuze amahirwe agera kuri abiri ndetse bayima na Penaliti yari yabazwe.

Ikipe Isonga ariko nayo ni uko kuko mu gice cya mbere n'ubwo itabonye igitego yatatse Kiyovu ku buryo bugaragara, aho yabuze nayo amahirwe agera kuri atanu yari yabazwe. Umupira warangiye mu gice cya mbere nta kipe iroye mu izamu ry'indi.

Ku munsi wa 21 - kiyovu irakina n'Isonga umukino uza kuba ukomeye

Nyuma y'iminsi 7 yagenewe icyunamo cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Shampiyona irasubukura imikino yayo kuri uyu wa 14/04/2012.
N'ubwo Isonga iri buze kuba yakira Kiyovu kuri Stade