mardi 10 février 2015

I Muhanga Kiyovu Sports yahakuye amanota 3 itsinze Mukura Vs



Nyuma yimikino irindwi KIYOVU SPORTS  nta ntsinzi nimwe ibona, kuwa gatandatu tariki ya 7/02/2015, KIYOVU SPORTS yegukanye amanota atatu, i Muhanga (Gitarama). Aho ikipe ya Mukura Vs yatangije umukino, dore ko ariyo yari yakiriye.
Mu minota nka 20 ya mbere ikipe ya kiyovu yasatiriye ikipe ya Mukura cyane nubwo ntacyo byatanze, amakipe yakomeje gusatirana ariko KIYOVU ibura mahirwe menshi.

N’ubwo KIYOVU yageragezaga guhererekanya umupira, ba rutahizamu bayo ntibashoboye kubyaza umusaruro amahirwe babaga babonye mu gihe MUKURA yo yakinaga imipira miremire.
Bigeze ku munota wa 44 KIYOVU yabonye amahirwe abantu bose bari babaze ko ari igitego ubwo GADY yamanukanaga umupira mu ruhande rw’ibumoso agahereza umupira MIAMY wari mu rubuga rw’amahina, uyu nawe akawutera n’umutwe umunyezamu wa mukura SHYAKA REGIS wakoze akazi kanini cyane mu gice cya mbere, awushyira hanze.

IGICE CYA MBERE cyumukino cyarangiye amakipe yose nta nimwe ishoboye  kureba mu izamu ry’indi.
MU GICE CYA KABIRI Ku munota wa 54,  nabwo KIYOVU yabuze igitego cyari cyabazwe nyuma yo kutumvikana neza kw’inyuma n’umunyezamu bya MUKURA. Nyuma y’umunota umwe gusa ku munota wa 55 MUKURA nayo yabonye amahirwe yo gutsinda igitego ubwo Papa CLAUDE yagwaga mu rubuga rw’mahina rwa KIYOVU abantu benshi cyane cyane abafana ba MUKURA bari kibuga bagirango ni penaliti, ariko umusifuzi ISSA yerekana ko nta kosa ryabayeho ko umukinnyi ashobora kuba yigushije. Gusa icyatangaje abantu nuko nta carte yigeze itangwa haba kuwo bavugaga ko yamufashe cg se nuwo wigushije.

Amakipe yakomeje gusatirana ariko KIYOVU irusha cyane MUKURA, nyamara amahirwe yabonaga ntishobore kuyabyaza umusaruro. Intsinzi ya KIYOVU yaje kuboneka ku munota wa 88 ubwo hongeye kubaho kutumvikana neza kw’inyuma ha MUKURA. Nibwo MIAMY yabaciye mu rihumye abatwara umupira bashiduka yageze mu izamu rya MUKURA umuzamu wa MUKURA  wari witwaye neza, yaje gushiduka akura umupira mu izamu rye. Kiba kibaye igitego cye cya 7 muri Shampiyona.

Dore urutonde rw’abakinnyi babanjemo ku mpande zombi:

MUKURA V.C: SHYAKA REGIS, NYANGO OMBENI (HABIHIRWE ARSTIDE), NDAYISHIMIYE CELSTIN, HABIMANA HUSSEIN, SHYAKA PHILBERT, ALLY NIYONZIMA, GAKURU JEAN CLAUDE, ZAGABE JEAN CLAUDE, NTAKIRUTIMANA VALENS, CYIZA MUGABO HUSSEIN (HAKIZIMANA MUHADJIRI), NAHIMANA PAPA CLAUDE.
KIYOVU SPORTS: NGANZA ALEXIS, NIYONKURU DJUMA, RADJU NIYONSHUTI,  GADY EVRA (C), MUKAMBA MUSOMBWA, OMAR HITIMANA, MUNYAKAZI YUSSUF, BENEDATA JANVIER DJIDJIA, SIBOMANA HUSSEIN(DJUMA), MIAMY MBAKIYE.
Abakinnyi bashya bagaragaye muri uyu mukino ni : NGANZA ALEXIS, NDARABU USSENI (SIBOMANA HUSSEIN), HABIMANA GILBERT(ntiyakinnye).
Inkuru ya Adam Yannick